INKURU NGUFI ZIVUGA KU NTSINZI AKARERE KA BURERA KEGUKANYE MU MIKINO Y'UMUPIRA W'AMAGURU MU MPERA Z'ICYUMWERU GISHIZE
IKIPE YA SITTING VOLLEYBALL Y'AKARERE KA BURERA YAZAMUTSE MU CYICIRO CYA MBERE NYUMA YO GUTWARA IGIKOMBE CY'AMARUSHANWA Y'UYU MWAKA
Ikipe ya Sitting Volleyball y'Akarere ka Burera yazamutse mu Cyiciro cya mbere nyuma yo kwegukana igikombe mu Marushanwa y'uyu mwaka n'amanota 29/30; aho mu mikino y'icyiciro cya gatanu isoza aya marushanwa yabaye ejo tariki 15 Werurwe 2026 yatsinze Ikipe y'Akarere ka Ruhango amaseti 3-0, itsinda iya UR Rukara amaseti 3-0; ikaba kandi yatsinze iya UR Huye amaseti 3-0.
Iyo mikino yabereye muri NPC Rwanda Gymnasium kuri Petit Stade, i Remera, Kigali. Yakurikiwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Nshimyimana Jean Baptiste washimye abakinnyi n'abayobozi b'Ikipe ku bw'iyo ntsinzi no kuba barahagarariye neza Akarere ka Burera muri ayo Marushanwa.
BURERA WOMEN FC YATSINZE KAYONZA WOMEN FC IBITEGO 4-1
Kuri uwo munsi kandi, Ikipe y'Abagore y'Akarere ka Burera yo mu cyiciro cya II (Burera Women Football Club) yatsinze iy'Akarere ka Kayonza (Kayonza Women Football Club) ibitego 4-1 mu mukino wo kwishyura wabereye ku kibuga cya Kidaho, mu Murenge wa Cyanika mu Marushanwa y'Amakipe y'Abagore yo muri icyo cyiciro.
Uwo mukino wakurikiwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzweimibereho myiza y’abaturage, Mwanangu Théophile washimye abakinnyi n'abayobozi ku bw'iyo ntsinzi, abasaba gukomeza guharanira intsinzi mu yindi mikino bazakina.